Ijisho Rya Ruhago
Muri iyi video, turasesengura urutonde ikipe ya Chelsea ishobora kubanza mu kibuga k'umukino wa nyuma wa Champions League kuri uyu mugoroba imbere ya Manchester City.
Umutoza Tuchel aratangaza ko Mendy na Kanté bishiboka cyane ko aba bakinnyi be b'inkingi za mwamba bashobora gutangira umukino. Gusa ikibazo ni: "ese bashobora kuwurangiza?"
Kabone n'ubwo Mendy ari muzima, biramutse bigeze mu ma penalty niwe tuza kubona ahagarikwa mu izamu?
Ese hagati ya Reece James, Azpilicueta na Christensen ni nde ubanza inyuma k'uruhande rw'iburyo mu mutima w'ubwugarizi? ni nde se ubanza k'uruhembe rw'iburyo?
Ese umutoza arahitamo gukinisha rutahizamu umwe w'umwimerere? Cyangwa arazana babiri?
Ibi bibazo n'ibindi bisa nkaho bidashubije, ni byo twibandaho muri iyi Video. Kanda hasi urebe video.
Ikipe ya Liverpool nyuma y’umwaka utarayorohereye na gato, isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nk'umuzamu Karius.
(muribuka amarorerwa yakoze imbere ya Benzema?)
Liverpool: Igura n’igurisha 2020-2021 naryo ubwaryo ni umushinga — Panorama Football Ikipe ya Liverpool isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nka Karius.
Mbappé aragira icyo atangaza ku byakomeje kuvugwa hagati ye na PSG yifuza kumwongerera amasezerano, ndetse na Real Madrid ikomeje kumurambagiza.
(kanda hasi usome inkuru irambuye)
Kylian Mbappé: Ndi mubiganiro na PSG; dutegereze turebe ikibivamo — Panorama Football Hari hategerejwe ko Mbappé agira icyo atangaza ku bivugwa hagati ya PSG na Real, zimurwanirira ngo azikinire umwaka utaha.
Birasa nk’ibitarasobanuka muri iyi shampiyona ya Espanye ubwo igeze ku munsi wayo wa nyuma. Kugeza ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi (Europa League). Bikarushaho gutera amatsiko mu gihe hataramenyekana amakipe agomba ku manuka mu kiciro cya 2. (kanda hasi some inkuru yose)
LaLiga Santander: Haraca uwambaye k’uri uyu munsi wa nyuma — Panorama Football Ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi.
Reba Video ku bacyekwaho ku banza mu kibuga k'uruhande rwa PSG.
Ku mukino wo kwishyura wa 1/2 mu gikombe cy'amakipe yaje imbere muri shampiyona z'iwabo (Champions League), Ijisho rya Ruhago riragoragoza uko umutoza wa PSG Mauricio Pochettino ashobora gutondekanya abakinnyi be kuri uyu mugoroba, ndetse hashingiwe ku ishusho ry'imikinire ye mu busanzwe (4-2-3-1).
Pochettino arasabwa byibura ikinyuranyo k'ibitego 2 ngo akomeze k'umukino wa nyuma. Ntakabuza, uko ari buhitemo XI babanza, biragira uruhare rukomeye mu kuboneza inzira igana ku gikombe. Agomba gutsinda byanze bikunze, ndetse araza mu ishusho ry'ubusatirizi.
Mbappé ntiyizewe 100%, ariko siwe kibazo nyamukuru, kuko no hagati agomba guhitamo yitonze uhakina, nyuma yuko Idrissa Gueye ahawe ikarita itukura k'umukino ubanza.
Reba video y'uko Ijisho Rya Ruhago ribona.
Click here to claim your Sponsored Listing.
Category
Address
Kigali