NEC Rwanda
13/05/2026
Intumwa zivuye muri Komisiyo y’Amatora ya Lesotho (IEC) zasuye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.
Kuri uyu wa gatatu, tariki 13/05/2026, itsinda ry’abakomiseri n’abakozi ba Komisiyo y’amatora ya Lesotho IEC, bayobowe na Komiseri Pontso Mamatlere Matete, bari mu rugendoshuri mu Rwanda, basuye Komisiyo y’Igihugu y’amatora.
Mu biganiro bagiranye n’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, basobanuriwe imiterere n’imikorere yayo, uko amatora ategurwa mu Rwanda n’amategeko ayagenga, uruhare rw’abafatanyabikorwa batandukanye nk’Inzego z’ubuyobozi, imiryango itegamiye kuri Leta, Itangazamakuru, n’abandi bagira mu matora, n’ibindi.
Basobanuriwe zimwe mu ngingo z’amategeko zisobanura amahame u Rwanda rugenderaho harimo ihame ry’uburinganire bw’abagabo n’abagore rigenera abagore imyanya ingana na 30% y’imyanya ifatirwamo ibyemezo, n’iryo kudaheza riha urubyiruko n’abafite ubumuga imyanya mu Nteko ishinga amategeko Umutwe w’abadepite ariko no mu zindi nzego z’ubuyobozi.
Amatsiko yabo yari kandi ku ruhare rw’abagore mu matora, amategeko agenga amatora atuma batorwa ari benshi mu nzego zifatirwamo ibyemezo.., muri make intambwe U Rwanda rumaze gutera n’uburyo yagezweho.
Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora bwabasobanuriye birambuye ibyo amategeko agenga amatora ateganya, imyanya itorerwa n’uko Imitwe ya Politiki igabana imyanya mu Nteko ishinga amategeko.
Abo bashyitsi banyuzwe n’ibisobanuro bahawe, bashimira uko bakiriwe, n’ibisobanuro bahawe.
06/05/2026
Umushinga w'itegeko ngenga rigenga amatora mu Rwanda wemejwe n’inteko rusange ya Sena kuri uyu wa kabiri tariki 05 Gicurasi 2026. Ni nyuma y'uko Umutwe w'Abadepite wari uherutse kwemeza uyu mushinga w'Itegeko tariki 02 Mata 2026.
31/03/2026
Uruhare rw'umuturage muri demokarasi: Muri demokarasi Umuturage afitanye uruhare rw'ibanze mu gushyiraho ubuyobozi binyuze mu matora, (demokarasi), amatora akavamo abayobozi beza, nabo bakagira imiyoborere myiza, iyi nayo ikabageza ku iterambere rirambye
11/03/2026
Isuzumamikorere ry’Abakorerabushake b’Amatora mu kurushaho kunoza imitegurire n’imiyoborere y’amatora
Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu wa kabiri tariki 10 Werurwe 2024 yatangiye igikorwa cy’isuzumamikorere y’abakorerabushake mu turere twose tw’igihugu.
N igikorwa kigamije gusuzuma uko inshingano bahawe bazisohoje, kumenya imbaraga bagaragaje ndetse n’aho hakenewe kongerwa imbaraga. Iri suzuma rizafasha kandi kumenya uburyo bwo kunoza amahugurwa bahabwa no kubafasha kurushaho gukora neza mu matora ari imbere.
Ni izihe nshingano z’abakorerabushake ?
Abakorerabushake bagira uruhare rukomeye mu migendekere myiza y’amatora. Bafasha mu bikorwa bitandukanye birimo: gutegura ahatorerwa, kwakira no gufata neza ibikoresho by’amatora, kwakira no kuyobora abatora, gutoresha nyirizina, kubarura amajwi, n’indi mirimoyose ijyanye n’amatora, gutanga inyigisho z’uburere mboneragihugu ku matora, gukurikirana imigendekere y’ibikorwa by’itora n’ibindi.
Kugira ngo imirimo yabo irusheho kugenda neza, buri mwaka hakorwa isuzumamikorere rigamije kureba ibyagezweho, imbogamizi bahuye na zo n’icyakorwa kugira ngo ibikorwa by’amatora bikomeze kunozwa.
Mu bihe by’amatora, abakorerabushake baba ku murongo wa mbere mu gufasha abatora kubona amakuru ku matora, kuyobora abatora ku biro by’itora, gusobanura uko itora rikorwa no gufasha mu gutuma amatora akorwa neza kandi mu mucyo. Abakorerabushake batuma ikiguzi cy’amatora kigabanuka, bityo ingengo y’imari igenda ku matora ntiremerere Leta cyane.
Kuva bajyaho, abakorerabushake b’amatora bagize uruhare rukomeye mu gutuma ibikorwa by’amatora bigenda neza kuko muri rusange bakorana ubwitange n’umurava mu kazi kabo.
Isuzumamikorere ryatangiye uyu munsi rirahera kubo mu mirenge rizagere ku bo mu byumba. Ibizava muri iri suzuma bizafasha kunoza amahugurwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora ibagenera, kongera ubufatanye n’inzego zitandukanye ndetse no kunoza imigendekere myiza y’amatora ari imbere.
Mu matora aheruka ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024, Komisiyo yifashishije abakorerabushake bagera ku bihumbi ijana (100.000) bakora kuva mu byumba by’itora, kuri site z’itora, no ku Mirenge.
Abakorerabushake b’amatora ni inkingi ikomeye mu gutuma amatora agenda neza kandi mu mucyo. Gukomeza gusuzuma imikorere yabo no kubafasha kongera ubushobozi ni imwe mu nzira zifasha kurushaho guteza imbere imigendekere myiza y’amatora no gukomeza kubaka demokarasi ishingiye ku ruhare rw’abaturage.
26/12/2025
Wishing you Happy festive season and Prosperous New year 2026
Click here to claim your Sponsored Listing.
Category
Contact the organization
Telephone
Website
Address
Kigali
6449KIGALI-