RMPP Rwanda
29/01/2026
HAMWE NA YEZU MUGITONDO
Kuwa gatanu, tariki 30/1/2026
Komora Ibikomere
Uyu munsi, rangamira Yezu ukiza abarwayi akanagarura icyizere ku mitima yakomeretse.
Umugore wari urwaye indwara yo kuva amaraso, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri. Aturuka inyuma ye mu kivunge cy’abantu, nuko akora ku myambaro ya Yezu. Yezu aramubwira ati «Mwana wanjye, ukwemera kwawe kuragukijije.» (Mariko 5, 25-34).
Saba Nyagasani gukiza ibikomere byawe n'iby'abantu utwaye mu mutima wawe. Reka ukwizera kwawe kugutere kumwegera ufite icyizere.
Tura umunsi wawe usabira abababara mu mubiri cyangwa kuri roho, uvuge isengesho ryo gutura umunsi.
HAMWE NA YEZU KUGICAMUNSI
Kuwa gatanu, tariki ya 30/1/2026
Amagambo atera umwete abantu ngo bahure.
Ruhuka gato u*irikane: “Ijambo ridushishikariza kwisohokamo tugatangira guhura n’abavandimwe bacu dufite imbaraga z’urukundo rw’Imana rubohora.” (Fransisko)
Senga ufite umutima ufunguye uti: “Nyagasani, mbibamo Ijambo nkeneye uyu munsi kugira ngo mve mu bu*ima bwanjye busanzwe.”
Genzura utibereye ngeso n'akamenyero byawe, maze ushyire iri humure mu magambo no mu bikorwa byawe.
HAMWE NA YEZU NIMUGOROBA
Kuwa gatanu, tariki ya 30/1/2026
Tuza.
Mu mpera z'uyu munsi, fata ikiruhuko , hagarika ibyo urimo, maze usubize amaso inyuma uko wabayeho. Saba Nyagasani atuze roho yawe, atuze ibitekerezo byawe, kandi wibande ku guhumeka kwawe nk'intangiriro yo guhura na We. Reka umutima wawe ushyireho umurongo w'iki gihe uri bumare usenga.
Wibuke neza ibyo wanyuzemo. Ishimire ibintu byose—ibihe byiza n'ibigoye—u*i ko ariho kugira ngo ahindure buri kibazo igisubizo cyiza.
Mubwire uti: Murakoze, murakoze, murakoze… kandi amahoro ye atuze umutima wawe. Muture ikiruhuko cyawe kandi umusabe ko azaguherekeza ejo niwabyuka.
Dawe uri mu ijuru...
www.clicktopray.org
29/01/2026
Hamwe na Yezu mugitondo.
Kuwa kane, tariki 29/1/2026
Umutima Utuje
Hagarika ibyo urimo kugira ngo wakire Yezu mu gihe cy'imihihibikano y'umunsi utangiye.
«Nuko arakanguka, akangara umuyaga, abwira inyanja ati 'Ceceka! Tuza!' Nuko umuyaga urahosha, maze ituze riba ryose». (Mariko 4, 39).
Muri iyo miyaga yo mu mutima wawe, mutumire akuzanire amahoro atangwa nawe wenyine.
Musabe ko yagukomereza icyizere kiruta ubwoba bwawe. Tura uyu munsi kugira ngo wirirwe uri umugabu*i w'amahoro mu muryango wanyu, ku kazi no mu gace k'iwanyu.
Vuga isengesho ryo gutura umunsi usabira Icyifuzo cya Papa cy'uku kwezi.
Hamwe na Yezu kugicamunsi.
Kuwa kane, tariki 29/1/2026
Ijambo rivugurura ukwizera
"Ijambo ry'Imana rigaburira kandi rikongera ukwizera. Reka turisubize rwagati mu isengesho ryacu n'ubu*ima bwacu bwa roho! Hagati hari Ijambo riduhishurira Imana kandi rikayitwegereza." (Fransisko)
Ese ushakira Nyagasani mu isengesho no mu Ijambo rye, cyane cyane mu gihe cy'inkubi z'umuyaga mu bu*ima bwawe?
Subiramo ushyizeho umutima uti: "Nyagasani, ba umuyobozi w'ubwato bwanjye."
Hamwe na Yezu nimugoroba
Kuwa kane, tariki ya 29/1/2026
Gushakashaka
Ubwo umugoroba ugeze, hagarika ibikorwa by'uyu munsi kandi umenye ko ibyo wakiriye byose byavuye mu biganza by'Imana. Ubu*ima bwawe ni inzira igana imbere Nyagasani akakuyobora kandi akagushyigikira. Ushimire, u*i neza ko ntacyo wakora udafite Imana.
Musabe agufashe kureba mu mutima wawe...wirirwe mu biki uyu munsi? Ni iyihe ntego wari ufite? Ni iki wibanzeho uyu munsi? Saba imbabazi niba wigeze kuva mu nzira yawe kandi ibyo wakurikiraga bitari bishingiye ku Mana
Mufate ukuboko maze umwemerere akuyobore, agufashe kugenda umutima wawe umurangamiye
Dawe uri mu ijuru...
www.clicktopray.org
07/04/2025
Yezu mu Ukaristiya!
Uyu munsi tariki ya 7/4/2025 mu Rwanda no ku isi hose twatangiye icyumweru cy'icyunamo twibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abanyamuryango n'abayobozi ba RMPP/MEJ Rwanda twese tuzakomeze kwifatanya n'abandi mu bikorwa byose byateguwe na Leta na Kiliziya.
Mu minsi 100, ibikorwa by'impuhwe bizibande ku gufasha mu bikenewe abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 cyane cyane abababaye kurusha abandi.
Dufashe mu mugongo ndetse dukomeje abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Twibuke twiyubaka!
19/02/2025
*HAMWE NA YEZU KU GICAMUNSI, 19/2/2025*
Guhamya umucyo
Fata akanya utekereze kuri aya magambo ya Papa Faransisiko: “Twese twahamagariwe guhamya bya nyabyo ukwemera Kristu mu bu*ima bwacu, cyane cyane mu mibanire yacu na bagenzi wacu.”
Sabira muri uyu mugoroba abo bose abaherekeza urubyiruko mu muhamagaro wabo wo kwifuza gukorera Kristu bo ubwabo mu ubu*ima bw'abiyeguriye Imana kugira ngo babe abahamya b'Imana yakira, itega amatwi kandi yumva.
Ibaze ubwawe: uri umuntu wakira neza abandi? Waba u*i gutega amatwi no kumva abandi? Uraboneka igihe umuntu ugukeneye, akeneye y'uko umwitaho?
Wibuke ku gicamunsi gusabira icyifuzo cya Papa twagejejweho.
www.vlicktopray.org
Click here to claim your Sponsored Listing.
Category
Website
Address
Kigali