BVN Rwanda
ngayo nguko ibya regan🥹🥹🥲
29/05/2026
Iranzi The Rapper uherutse gutandukana n’umuryango ufasha abana wa Sherrie Silver Foundation, yasabye imbabazi avuga ko yashutswe n’inshuti mbi, yemera ko ibyo yakoze bidakwiye, asaba guhabwa andi mahirwe.
Abinyujije kuri konti ye ya Instagram, Iranzi w’imyaka 17 y’amavuko yasangije abamukurikira ibaruwa ifunguye yandikiye Sherrie Silver washinze uyu muryango.
Iranzi yagize ati “Ndasaba imbabazi umuryango wa Sherrie Silver Foundation ku bw’ikiganiro gisebanya nakoze, narahubutse, narashutswe. Ntacyo naburanye Sherrie Silver, baramfashije, bita ku muryango wanjye , batuma mumenya, murankunda.”
“Inama bangiriye sinazumvishe, ariko igihe cyarageze numva ko bikwiye kumva inama z’abakuze kuko ndacyari umwana. Nayobejwe n’umujinya n’inshuti mbi. Ngomba gukunda ishuri, nkumvira, umuziki ukaza nabanje kwiga nk’uko Sherrie Silver Foundation ihora ibidusaba. Ntandukanye n’ingeso mbi zose.”
Ku wa Kane, tariki ya 27 Gicurasi 2026 nibwo uyu muraperi ufite n’impano yo kubyina yari yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gutandukana n’umuryango wa Sherrie Silver Foundation. www.bvnrwanda.com
27/05/2026
ese Butera Knowless umukundira iki?
Click here to claim your Sponsored Listing.